Hakurikijwe n’icyiciro umwana arimo,aba agomba kugira ibyo ahabwa kugirango akure neza kandi afite ibimukwiriye byose. Nk’uko tubikesha ubutumwa bwa Rwanda Biomedical Center “RBC” bwo kuri uyu wa 17/06/2012,umwana ukiri uruhinja atararenza igihe cy’amezi 6, agomba konswa bihagije agahabwa amashereka yonyine kuko amufasha gukura neza, akamurinda kurwaragurika. Amashereka ya mbere bita umuhondo ngo ni meza cyane ku mwana kuko aba afite intungamubiri zuzuye zimukwiriye. Amashereka gusa ku mwana arahagije kandi yujuje intungamubiri zose umwana akenera igihe atararenza amezi 6 ku buryo nta kindi aba akeneye guhabwa . Kuba rero yahabwa amazi ngo si byiza.
Mu gihe umwana yujuje amezi atandatu akomeza konka kandi agahabwa imfashabere igizwe n’indyo yuzuye. Indyo yuzuye ikaba ikubiyemo ibyubaka umubiri, ibirinda indwara ndetse n’ibitera imbaraga. Umwana kandi akomeza konka kugeza nibura agize imyaka 2.
Mu rugo, umubyeyi utwite n’uwonsa nabo baba bakeneye indyo yuzuye kandi ihajije kugira ngo umwana akure neza igihe akiri mu nda ku mubyeyi utwite. Naho ku mubyeyi wonsa, indyo yuzuye ni ngombwa kugira ngo umwana abone amashereka ahagije,mbese abone ibimutunga.
Uretse izi nshingano ababyeyi b’umwana bagomba kuzuza, ngo ni byiza kugira n’akarima k’igikoni no korora amatungo magufi mu rugo kuko ari isoko y’ibirinda indwara ndetse n’ibyubaka umubiri umuntu aba afite hafi ye bikamufasha mu rugo rwe. Iyo abaturage bafite ubuzima bwiza banarya neza, ngo aba ari ikimenyetso cy’iterambere. Baturage rero ni ahanyu guharanira ubuzima buzira umuze bwaba ubwanyu ndetse n’abana banyu kuko kwirinda biruta kwivuza.
