Mu Karere ka Rurindo gukaraba intoki byagabanyije umubare w’abarwayi cyane cyane izituruka ku mwanda, bikaba byaravuzwe na Leoncie Uwamurera ushinzwe ubuzima muri ako Karere .
Uwamurera yavuze ko bamaze kubona ubushakashasti bwakozwe na Minisiteri y’ubuzima ko indwara ziterwa na mikorobi zinyura mu kanwa k’umwana zirenze icya kabiri cy’indwara zose zifata abana cyangwa zikabica nabo bafashe umwanzuro wo kurwanya izo ndwara bifashisha abajyanama b’ubuzima.
Uwamurera yakomeje avuga ko Akarere ubwako kashyizeho gahunda yo kubaka imisarane ku nzirakandi bakanahashyira amazi n’isabune abagenzi bifashisha igihe bavuye mu musarani kugirango bakumire imyanda yose ibangamira ibidukikije ndetse n’ubuzima bw’abantu muri rusange.
Nyuma yo kubakisha iyo misarane bashyizeho na gahunda yo kugenzura imisarane yo mu ngo, mu mari za resitora ndetse no mu tubari,baboneraho n’umwanya wo kubamenyereza gushyira amazi meza n’isabune hafi y’imisarani yabo kuko bibafasha gukumira indwara zituruka ku mwanda.
Uhagarariye ubuzima mu karere ka Rurindo akaba kandi akaba yaravuze ayo magambo akurikije Raporo zituruka ku bigo nderabuzima zigaragaza imibare y’abarwayi n’amazina y’indwara zabo.
Uwamurera yasabye abaturage bo muri ako Karere ko bagomba gukomeza kwita ku isuku ababyeyi bakihutira kujugunya imyanda y’abana mu misarane kandi bakabakarabya igihe cyose bagiye kubaha ibyo barya kandi bagahora bapfundikira imisarane igihe cyose.
