Ubwo yaganiriraga n’abagore b’Iburasirazuba ku mirire n’imibereho ikwiye Umunyarwanda w’iki gihe, Sekunda Vincent ushinzwe imirire n’isuku mu bitaro bya Rwamagana akaba n’impuguke mu mirire ikwiye yavuze ko umubyeyi ushaka ko umwana we akura neza akwiye kumwonsa byibura imyaka ibiri, hanyuma akamara amezi 6 aruhuka anisubira, akabona akongera gusama, akazabyara umwana mukuru amaze amezi 39 avutse.
Umwana umaze imyaka ibiri ngo aba amaze konka amashereke akwiye, amukuza kandi akamurinda kurwaragurika bya hato na hato. Ibi ni amezi 24. Umwana ugeze iki gihe ngo atangira guhabwa indi ndyo iteguwe neza, umubyeyi we agakomeza kumwitaho nawe yiyitaho akisubira ariko atarasama mu gihe cy’andi mezi 6, hanyuma akaba yabona agasama indi nda izamara amezi 9, umwana agakurikirwa amaze amezi 39, ariyo myaka 3 n’amezi 3.
Bwana Sekunda avuga ko umubyeyi wabasha kwitwararika iyi myitwarire yaba ahaye umwana we amahirwe akomeye mu buzima, umwana agakura afite impamba ihamye mu iterura kandi n’umubyeyi ubwe akagira ubuzima bwiza, akaba umubyeyi ukomeye ubasha kwita ku muryango we.
Abagore basaga 130 bitabiriye inama nkuru yabo i Rwamagana bavuze ko batari bazi iby’iyi ngengabihe mu kuboneza urubyaro no kwita ku muryango, ariko ngo bagiye kubihugurira bagenzi babo bakiri bato, abateganya kubyara bajye babyarira mu gihe kibafasha kurera no gukuza neza abana babo.

